GAHUNDA Y’IBIKORWA N’IBYAGEZWEHO
Kuva aho Ubunyamabanga Nshingwabikorwa bw’Ihuriro butangiriye imirimo yabwo muri Nyakanga 2003, ibikorwa by’Ihuriro byagabanyijwe mu ngamba eshatu z’ingenzi zituma rishobora kugera ku nshingano ryahawe: .
-
Kuba urubuga nyunguranabitekerezo ruganira, rukajya n’inama kuri politiki na gahunda z’igihugu hagati y’imitwe ya politiki irigize;
-
Kongerera ubushobozi imitwe ya politiki mu buhanga no mu mwuga wa politiki;
-
Kuba umuhuza mu gucyemura ibibazo bya politiki, guteza imbere umuco w’ubworoherane n’ubwumvikane, gukurikirana ishyirwamubikorwa ry’Indangamyitwarire y’imitwe ya politiki n’abanyapolitiki no kubahiriza ihame ryo gusangira ubutegetsi.
Ni kuri izo ngamba eshatu z’ingenzi, Ihuriro ryashingiyeho ritegura Gahunda y’ibikorwa byaryo bigabanyije muri Porogaramu eshatu z’ingenzi:
-
Kujya Inama no gutanga ibitekerezo bya politiki bifasha mu miyoborerey’Igihugu;
-
Kongerera Imitwe ya politiki ubushobozi bwo kwiyubaka no kunoza imiyoborere yayo;
-
Guhanahana amakuru, gukurikirana no kuba umuhuza ku bibazo bya politiki hagati y’imitwe ya politiki.
Mu rwego rwo kujya inama no kungurana ibitekerezo kuri politiki na Gahunda z’igihugu, bimwe mu byagezweho ni uko hategurwa nibura ikiganiro buri gihembwe. Ingingo ziganirwaho zitoranywa hashingiwe ku kamaro kazo ugereranyije na gahunda zihutirwa cyangwa ibibazo biremereye igihugu, hagashingirwa nanone ku byifuzo byagaragajwe n’imitwe ya politiki. Ingingo zikunze kuganirwaho ni izijyanye ahanini n’imishinga y’amategeko ku mivugururire y’inzego z’imitegekere y’Igihugu; politiki y’ubumwe n’ubwiyunge; imikorere n’imigendekere y’Inkiko Gacaca; imikorere y’Urwego rw’Umuvunyi ndetse no gukurikirana amatora aba ateganijwe.
Ku byerekeye kongerera imitwe ya politiki n’abanyabanyapolitiki ubushobozi bwo kwiyubaka no kunoza imiyoborere yayo, kuva mu 2004 hateguwe Gahunda y’amahugurwa agenewe cyane cyane abashinzwe amahugurwa n’ubukangurambaga mu mitwe ya politiki. Iyo yaguhanda yashimwe n’imitwe ya politiki n’abayikurikiye, hakaba harahuguwe abantu bagera ku 140 ni ukuvuga hagati y’abantu 15 na 16 muri buri mutwe wa politiki. Andi mahugurwa akorwa ni ajyanye no kunoza Icungamutungo mu mitwe ya politiki. Aya akaba agenerwa abashinzwe icungamutungo mu mitwe ya politiki igize Ihuriro. Amahugurwa yandi ni agenerwa abashinzwe itangazamakuru mu mitwe ya politiki; bahugurwa ku byerekeye Ikoranabuhanga n’itangazabumenyi (ICT).
Ibyagezweho mu rwego rwo guhanahana amakuru, gukurikirana no kuba umuhuza ku bibazo bya politiki hagati y’imitwe ya politiki, biri mu ngeri zitandukanye:
-
umurimo wa Komisiyo Mbonezabupfura wo gukurikirana no gusuzuma imyitwarire y’imitwe ya politiki n’abayoboke bayo, hifashishijwe ibipimo ngenderwaho byateguwe;
-
gushyiraho Icyumba cy’isomero cy’Ihuriro no kugishakira ibyangombwa bigezweho birimo ibitabo k’ubumenyi n’ubuhanga mu bya politiki, ibinyamakuru ndetse na serivisi ya Internet. Icyo cyumba gisurwa cyane cyane n’abayoboke b’imitwe ya politiki, abashakashatsi, n’abandi bantu banyuranye
Ihuriro kandi rifite akanyamakuru kitwa”Makuru ki mu Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda”, gasohoka buri kwezi kagashyirwa no k’urubuga rw’Ihuriro (website). Kibanda ku bikorwa by’Ihuriro n’ibyo rihuriyeho n’imitwe ya politiki irigize.
